Ubufaransa: Abantu ibihumbi bahungishijwe ahasurwa na ba mukerarugendo mu gihe imiriro y'agasozi yakwirakwiriye
Abategetsi bo mu Bufaransa bategetse iyimurwa ry’abantu bose batuye ku mwigimbakirwa wa Cap-Ferret uri ku nkombe yo mu majyepfo ashyira uburengerazuba, mu gihe abantu babarirwa mu magana bahunze bakoresheje ubwato.
Abantu babarirwa mu bihumbi za mirongo barimo guhungishwa aho hantu hakurura ba mukerarugendo hari mu burengerazuba bw’umujyi wa Bordeaux, mu gihe abazimya umuriro bakomeje guhangana n’imiriro y’agasozi imaze iminsi iyogoza akarere ka Gironde.
Iyo miriro, yatangiye ku wa kabiri i Saumos, yakomeje kwaka mu ijoro ryacyeye, itwika ahantu hafite ubuso bwa hegitare (ha) 8,700.
Hagati aho, ubutegetsi bwa Espagne bwatangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu, mu gihe imiriro y’agasozi yatwitse ikananirwa guhagarikwa mu turere twinshi twegereye umurwa mukuru Madrid.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’Ubufaransa Laurent Nuñez yavuze ko abantu 40,000 bahungishijwe cyangwa barimo guhungishwa bakurwa ku mwigimbakirwa wa Cap-Ferret, ukikijwe ku ruhande rumwe n’inyanja ya Atlantika naho ku rundi ruhande rwawo hakaba hari ikibaya cya Arcachon.
Yabwiye abanyamakuru ati: “Ingo 80 zose hamwe zahiye, izigera kuri 50 zasenyutse burundu.”
Mu ijoro ryo ku wa kane, Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yavuze ko ibintu “bikaze cyane” ku bijyanye n’imiriro y’agasozi muri icyo gihugu – cyane cyane mu karere ka Gironde.
Izindi nkuru wasoma: